Рет қаралды 636,100
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi bitabiriye Umwiherero ku nshuro ya 15 kurangwa n’umuco wa ngombwa, umuco wo kwiyoroshya birinda kwiremereza mu kazi, bagashyira imbere gahunda zirebana n’inshingano zabo. Perezida Kagame yavuze ko hari igihe abayobozi bakorera mu kajagari mu gihe umuntu aje, Perezida aje, Minisitiri, Meya aho kugira ngo aze akosore ibitagenda neza bakajya kwishyura ibijyanye no ku mwakira no gushagara. Ati “Aho tuhatakariza byinshi, kandi biba ku nzego nyinshi, ikiguzi cyo kwakira, ikintu cyo kwakira abayobozi ni umuco mubi.”
Camera & Editing: Richard Kwizera