Рет қаралды 83,395
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ingufu bakoreye mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye, bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kicukiro.
Abakurikiranywe ni Magambo Theoneste na Kwizera Patrick bafatiwe mu murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro nyuma yo kwiba amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni imwe tariki 28 Ugushyingo 2021.