Рет қаралды 24,422
On her first day, President Suluhu will be received by her host, President Paul Kagame at Urugwiro Village, for a tête-à-tête followed by bilateral talks.
According to the programme, on the second day, the two Heads of State are expected to visit several companies in various sectors including the Special Economic Zone which is home to 120 companies with activities ranging from manufacturing, agro-processing and education among others.
The overall purpose of the visit, according to officials, is to strengthen ties between the two neighboring countries.
Some of the major Tanzanian businesses operating in Rwanda include Azam Group, Bakhresa, Matelas Dodoma, among others, while Rwandan companies like Sulfo Rwanda, and Pharmalab, have established footprint in Tanzania.
............................................................................................................................
Perezida Kagame yakiriye Samia Suluhu wa Tanzania muri Village Urugwiro.
Perezida Suluhu yageze i Kigali ahagana saa tatu z’igitondo. Nyuma yo kwakirwa na Perezida Kagame, bahise bagirana ibiganiro biza gukurikirwa n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye ku mpande zombi.
Samia Suluhu yaherekejwe n’itsinda ririmo abayobozi bakuru muri Tanzania nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Minisitiri w’Ikoranabuhanga, Minisitiri w’Ibikorwaremezo n’ubwikorezi na Minisitiri ushinzwe ubucuruzi n’inganda, Minisitiri ushinzwe ishoramari.
Uretse aba Perezida Samia Suluhu kandi yaherekejwe n’abayobozi bakuru b’ibigo birimo Icyambu cya Dar es Salaam n’ab’inganda zikorera muri Tanzania.
Uruzinduko rwa Perezida Samia Suluhu rwagaragajwe na bamwe mu bikorera bo mu Rwanda nk’umwanya mwiza wo kunoza ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi ndetse no gukemura ibibazo bikiburimo.
Fatuma Ndangiza wigeze guhagararira u Rwanda muri Tanzania yatangaje ko uruzinduko rwa Perezida Suluhu i Kigali ari ingirakamaro kandi rushimangira imibanire myiza ibihugu byombi bisanzwe bifitanye.