Рет қаралды 47,312
MUCE ITEKA MU RWANDA
Kayigema we, Kayigema nyabusa
Kayigema Kayigema, Kayigema nkunda
Upfunyike agahamba ukenyere witere
Uze ngutume nyabusa ngutume kure cyane.
Ukenyere urukundo witere ubutwari
Maze ube umushishozi kandi ubigire bwangu
Uze ngutume nyabusa ngutume kure cyane
Uze ngutume i Rwanda nkubwire ibyo mbonye.
Ugende aharengeye maze uvuze ishakwe
Nibaza ubabwire uti: « ibyanyu si byiza
Uti: «harimo abakingirijwe n’igihu cyinshi
Uti: «harimo abashaka akazuba bakota
Uti: «harimo abaryama bugacya bari jisho Kayigema we.
Uti: «imbere aha mureba hagaragara nabi,
Abakurambere bose barahabona nabi,
Abatera urugimbu barahabona nabi,
Abaterekera nabo bahavuga nabi,
Abasenga uwabaremye bahita imperuka,
Uti: «nyamara rubanda irayoyotse,
Mbe kanyarwanda wakumva umuhanano.
Uti: «ndabona urya murozi agihadikamo ibindi,
Ibyo akabikora ashingiye ku izima ryanyu,
Uti: «kandi umutwaro uragenda uremera,
Uti: «mbe kanyarwanda wakumva impanuro,
Uti: «zirimo izirisha mu rwuri rw’izindi,
Uti: «zirimo izirebana izindi agahinda,
Uti: «zirimo n’izarize amarira ajya mu nda,
Uti: «zirimo n’izashavuye zagowe,
Ko zitaba ba mwana kandi zishira.
Uti: «zirimo izibibona zikabira cyane,
Uti: «zirimo izicisha make zitabishaka,
Uti: «zirimo izishaka gutoroka ikiraro,
Uti: «zirimo izishaka gutaha zikonsa
Uti: «mbe ko ibiraro bibaye bikeya Kayigema we.
Cyo genda ubashake abashumba baragiye,
Ushyitse amavi hasi ube intumwa ya rubanda,
Maze ukome yombi utakambire u Rwanda,
Uti: «seka seka seka seka nyakugira Imana,
Mugire Ryangombe wa Babinga mwene Nyundo.
Muce inkoni izamba mugirire rubanda,
Uti: «erega babyeyi umuntu ni nk’undi,
Ntashibuka ku bihingwa arabyarwa,
Nimuce inkoni izamba rubanda irababaye Kayigema we.
Muce iteka mu Rwanda rubanda iruhuke.
Muce iteka mu Rwanda ko amaraso ahacitse
Muce iteka mu Rwanda ko amahoro ahatashye
Rubanda iruhuke ba nyakugira Imana muyihorane
Muce iteka mu Rwanda ko amaraso ahacitse
Muce iteka mu Rwanda ko amahoro ahatashye
Muce iteka mu Rwanda rubanda iruhuke
Muce iteka mu Rwanda ababyeyi babyare
Muce iteka mu Rwanda maze uwapfakaye arere abe
Muce iteka mu Rwanda ababyaye bahembwe
Muce iteka mu Rwanda urupfu ruve mu Rwanda
Muce iteka mu Rwanda amahoro arutahe
Muce iteka mu Rwanda imiryango yisuganye
Muce iteka mu Rwanda uwasenyewe yubakirwe
Muce iteka mu Rwanda maze uwahunze arutahe
Muce iteka mu Rwanda uwarokotse bamwumve
Muce iteka mu Rwanda hagororwe uwagomye gusa
Muce iteka mu Rwanda uwagororotse ntamuzire
Muce iteka mu Rwanda ko umuntu ari nk’undi
Muce iteka mu Rwanda ko bose bareshya
Muce iteka mu Rwanda ko ntawe ugipfuye
Muce iteka mu Rwanda ko ntawe ukimwishe
Muce iteka mu Rwanda ko amaraso ahacitse
Muce iteka mu Rwanda ko amahoro ahatashye
Muce iteka mu Rwanda uwarenganye arenganurwe
Muce iteka mu Rwanda uwateye ibi yicuze
Muce iteka mu Rwanda uwananiwe aruhuke
Muce iteka mu Rwanda maze uremerewe ature
Muce iteka mu Rwanda ishyari ribure icyicaro
Muce iteka mu Rwanda urukundo ruganze
Muce iteka mu Rwanda imitima ijye mu kicaro
Muce iteka mu Rwanda ubwenge bugaruke
Muce iteka mu Rwanda ingobyi isubire i mugongo
Muce iteka mu Rwanda ababyeyi buzukuruze
Muce iteka mu Rwanda ubuvivi ubuvivure
Muce iteka mu Rwanda na bwo bugaruke mu Rwanda we
Muce iteka mu Rwanda urwo Rwanda rugari baririmba
Muce iteka mu Rwanda rwongere rube u Rwanda we.
Muce iteka mu Rwanda ko amaraso ahacitse
Muce iteka mu Rwanda ko amahoro ahatashye